URWANDIKO: NYINA WA RUKARA

URWANDIKO: NYINA WA RUKARA

""""""""""""""""""""""""""""""""""""""

Ntereye amaso ku Ntebe ya Musinga

Nzengurutsa i musozi imboni yange

Ngo ndebe ko umukambwe ya kota ak'abasaza

Dore ko amaze iminsi ku Rutara ubudateraguza

 

Maze akanya ntumbereye hejuru ya Jomba

Nduguruka epfo kwa wa musozi wa bene uwo muhisi

Inkuba ziratogota ye mwe ndazumva

Gusa akota basaza ntikarahumbya

 

Yewe ga Petero mwana wa Dawe, Urukumbuzi ni rwinshi

Ibaruwa nakoherereje warayibonye?

Wihangane namenye ko mwahuye n'ibiza

Urubura ngo rwabaye icyago Aho iwanyu

 

Ngaho rero kanguhe ay'ino

Umukambwe wacu yuzuje cya kigega

Ubu ab'i Murera bari mu kugesa amasaka

Gusa Mutiganda yananiwe kugemura inka zibura umunyu

 

Harya ntiwambwiye ko ukinywa ayera?

Ibisabo n'ibyansi byatubanye bikeya, ayo kurya arahari

Gusa Nyogosenge amacunda ntayakozwa

Maze na ka Misago kabonye umugeni, indongoranyo turacyaziriho

 

Rero Muvandimwe Petero, Nyina wa Rukara niwe nje kukubwira

Kirya gihe nari ntanditse imitagara ku Rusenge

Kandi ay'abagabo yari bubi kubera Samvura

Iby'iyo Mandwa ya Ntaho nubishaka nzakubwira iby'ayo

 

Yagize atya afata Rusine amaze kubona ba Rutuku

Agenda akindikije, abatura ikoro nk'igitambo

Gusa yapfuye rubi ntakenge yabikoranye

Erega bamuhaye ku ganza ariko bamuca imanzi nk'abamuguze

 

Ntiwibuka ibya bene Musinga iyo iwanyu?

Burya Rutuku wambaye ibyera yamwanze urunuka

Ariko rero abatoye ingendo yabo nabo baranzwe

None aho kugira ngo Nyina wa Rukara abitaze yarabasanze

 

Burya koko Nyabingi baterekera ibahindura nk'abazimu

Ubu mbikubwira ndimo kwimoza antemba ku matama ay'abagabo

Ibaze ko yahindutse umufasha wa Rweso wengera uwo Rutuku

Ngo bya byivugo by'iwacu ga wa bitera? Ashwi da!

 

Yahindutse icyago ajya mubyo kubandwa, ntatinya gukenyurira Imandwa

Ngo yanzika yarakuze bokeje imiriga yo kurasaga ab'iwacu

Gusa uwo Rutuku ni imbeshu ishondesha imikara

Yemeye guhanganisha Abo kunyanja y'iyo rirengera bagera n'ino

Na Mutiganda wacu ubu ni amahiri

 

Kandi arega abashumba babo baherutse guhanganira mu Kibaya

Imitego yo mumatongo yashibukanye amagana

Ya Kiliziya yo haruguru ya Kabera yasenywe n'umugina

Ubu Nyina wa Rukara yaraduhuzwe aratwohera

 

Rero ndabona imirabyo irabiriza mu Bunyabungo 

Kandi ndumvira inkuba mu Bwanacyambwe

Igicu kiremereye Kibuditse kuri Kiberinka

Reka nanduruke mbwire Umukambwe adasohoka ikamufatira nze

 

Gusa naramutse numva akaruru i Bunyabungo

Ngo abashumba ba Nyirindekwe bashaka kugeshereza ahandi

Gusa Mutiganda yabaye ibamba na byabindi yarabyanze

Ibaze ko twoherejeyo n'ibikoro akabirahira

 

Petero rero reka nguhe ubutumwa ubumpere uwo Marita

Uti reka ubucucu n'ubunyamwanda bwawe woge

Uzambwirire Uwo mwene Mfura ya Musinga

Uti erega ntugate umuco ngo hari ubusirimu, niwishima ukomeze uti Amen

 

Kandi nawe jya uca akenge, iyo mikwege ntukayitore

Nta sakabaka isangira n'imishwi barabahenda

Nutamenya Imandwa ngo uyizubukire uyoboke Nyir'Ibihe

Kugandagurika kwawe ntikuzambazwe mwana wa Dawe

 

Aho iwanyu uti mukomere kandi mwishyuke Kuri ya nyandiko

Nyogosenge dore arashaje ariko aracyanyenyeza

Ninsubira utarantumaho nzakubwira iby'umunsi Umutware azima

Erega ay'ino muyanywe ayanyuma, Hirya y'ibicu hari ameza.

 

Ndumva Muzehe akubise akabando ku Rutara, akaguye ubanza ari agacuma

Ndabizi ubu ntazi ikiri mu kirere ko ari icyishi

Reka Murebe akurure rwaruhu akunda yikingemo, inyumba nayo isigaye ituvira

Ndi wa musaza Uvuga bimugoye, Mutabaruka wange ndabona azicyuye.

 

LE 12.2.2025

 

 

 

 

 

This poem is about: 
My family
My community
My country
Our world
Guide that inspired this poem: 
Poetry Terms Demonstrated: 

Comments

Additional Resources

Get AI Feedback on your poem

Interested in feedback on your poem? Try our AI Feedback tool.
 

 

If You Need Support

If you ever need help or support, we trust CrisisTextline.org for people dealing with depression. Text HOME to 741741